Zaburi 37:1-40

  • Abiringira Yehova bazamererwa neza

    • Ntukarakazwe n’abakora ibibi (1)

    • “Ujye ukorera Yehova wishimye cyane” (4)

    • “Jya ureka Yehova akuyobore mu byo uteganya gukora byose” (5)

    • ‘Abicisha bugufi bazaragwa isi’ (11)

    • Umukiranutsi ntazabura ibyokurya (25)

    • Abakiranutsi bazatura ku isi iteka ryose (29)

Zaburi ya Dawidi. א [Alefu] 37  Ntukarakazwe n’abakora ibibi,Kandi ntukagirire ishyari abanyabyaha,   Kuko bamara igihe gito nk’ibyatsi,Bakuma nk’ibyatsi bibisi bagashiraho. ב [Beti]   Jya wiringira Yehova kandi ukore ibyiza,Uture mu isi kandi ube indahemuka mu byo ukora.   Nanone ujye ukorera Yehova wishimye cyane,Na we azaguha ibyo umutima wawe wifuza. ג [Gimeli]   Jya ureka Yehova akuyobore mu byo uteganya gukora byose.Ujye umwishingikirizaho na we azagufasha.   Azatuma abantu bibonera neza ko uri umukiranutsi,*Kandi ibikorwa byawe byiza bigaragarire bose. ד [Daleti]   Ujye wituriza uri imbere ya Yehova,Utegerezanye amatsiko ibyo azagukorera. Ntukababazwe n’umuntuUgeze ku migambi ye mibi. ה [He]   Reka umujinya kandi wirinde uburakari.Ntukarakare kuko byatuma ukora ibibi.   Abakora ibibi bazakurwaho,Ariko abiringira Yehova bo bazaragwa isi. ו [Wawu] 10  Hasigaye igihe gito gusa umuntu mubi ntabe akiriho.Uzitegereza aho yabaga,Umubure. 11  Ariko abicisha bugufi bo bazaragwa isi.Bazishima cyane kuko bazaba bafite amahoro menshi. ז [Zayini] 12  Umuntu mubi agambanira umukiranutsi.Aramurakarira akamuhekenyera amenyo. 13  Ariko Yehova azamuseka,Kuko azi ko uwo muntu mubi ashigaje igihe gito. ח [Heti] 14  Abantu babi batunganya inkota n’imiheto yabo,Kugira ngo bagirire nabi abakandamizwa n’abakene,Kandi bice abakiranutsi. 15  Ariko inkota zabo ni bo zizica,*Kandi imiheto yabo izavunagurika. ט [Teti] 16  Ibintu bike by’umukiranutsi,Ni byiza kuruta ibintu byinshi by’umuntu mubi. 17  Yehova ntazemera ko ababi bagira imbaraga.Ahubwo azashyigikira abakiranutsi. י [Yodi] 18  Yehova aba azi ibyo abakiranutsi bahanganye na byo byose.Umurage wabo uzahoraho iteka ryose. 19  Ntibazakorwa n’isoni igihe bazaba bahanganye n’ibibazo.Mu gihe cy’inzara bazaba bafite ibyokurya bihagije. כ [Kafu] 20  Ariko ababi bo bazarimbuka.Abanzi ba Yehova bazashiraho nk’uko ubwatsi butoshye bwuma vuba.Bazashira nk’umwotsi. ל [Lamedi] 21  Umuntu mubi araguza ntiyishyure.Ariko umukiranutsi agira ubuntu kandi akagaragaza impuhwe. 22  Abo Imana iha umugisha ni bo bazaragwa isi.Ariko abo yagize ibicibwa* bazarimbuka. מ [Memu] 23  Iyo Yehova yishimira ibyo umuntu akora,Aramuyobora. 24  Nubwo yasitara ntazagwa,Kuko Yehova amufashe ukuboko. נ [Nuni] 25  Nabaye umusore none ndashaje,Nyamara sinigeze mbona umukiranutsi atereranwa,Cyangwa ngo abana be basabirize ibyokurya. 26  Ahora aguriza abandi nta nyungu abatse,Kandi abana be Imana izabaha umugisha. ס [Sameki] 27  Reka ibibi kandi ukore ibyiza,Kugira ngo uzabeho iteka. 28  Yehova akunda ubutabera.Ntazatererana abamubera indahemuka. ע [Ayini] Azabarinda iteka ryose.Ariko abakomoka ku babi bo bazarimbuka. 29  Abakiranutsi bazaragwa isi,Kandi bazayituraho iteka ryose. פ [Pe] 30  Ibyo umukiranutsi avuga bituma abandi bagira ubwenge,*Kandi ibyo avuga biba ari ukuri. 31  Amategeko y’Imana ye aba ari mu mutima we,Kandi buri gihe arayakurikiza. צ [Tsade] 32  Umuntu mubi acunga umukiranutsi,Ashakisha uko yamwica. 33  Ariko Yehova ntazemera ko uwo muntu mubi amugirira nabi,Kandi igihe azaba ari mu rubanza, Imana ntizamubaraho icyaha. ק [Kofu] 34  Jya wiringira Yehova kandi wumvire amategeko ye,Na we azaguha umugisha uragwe isi. Ababi bazarimbuka ureba. ר [Reshi] 35  Nabonye umuntu mubi w’umugome,Amererwa neza nk’igiti gitoshye kiri mu butaka. 36  Ariko yarapfuye, ntiyongera kuboneka.Nakomeje kumushaka ariko ndamubura. ש [Shini] 37  Witegereze inyangamugayo*Kandi ukomeze urebe umukiranutsi,Kuko bene uwo azagira amahoro. 38  Ariko abanyabyaha bose bazarimbuka.Abantu babi bazakurwaho. ת [Tawu] 39  Yehova ni we ukiza abakiranutsi.Ni we bahungiraho mu gihe cy’amakuba. 40  Yehova azabatabara abakize. Azabakiza ababi maze abarokore,Kuko bamuhungiyeho.

Ibisobanuro ahagana hasi

Cyangwa “azatuma gukiranuka kwawe kumurika nk’urumuri.”
Cyangwa “zizabahinguranya imitima.”
Cyangwa “abo ivuma.”
Cyangwa “abakiranutsi bavuga amagambo y’ubwenge.”
Cyangwa “umuntu ukomeza kuba indahemuka.”