Zaburi 1:1-6

  • Imyitwarire y’uburyo bubiri

    • Umuntu usoma amategeko y’Imana agira ibyishimo (2)

    • Abakiranutsi bameze nk’igiti cyera cyane (3)

    • Abantu babi bameze nk’umurama utumurwa n’umuyaga (4)

1  Umuntu ugira ibyishimo ni udakurikiza inama z’ababi,Ntiyifatanye n’abanyabyaha,Kandi ntagire inshuti zinenga abakora ibyiza.   Ahubwo amategeko ya Yehova ni yo yishimira,Kandi amategeko y’Imana ayasoma ku manywa na nijoro akayatekerezaho.   Uwo azamera nk’igiti cyatewe hafi y’amazi,Cyera imbuto zacyo mu gihe cyacyo.Amababi yacyo ntiyuma, Kandi ibyo akora byose bizamugendekera neza.   Ariko ababi bo ntibameze batyo,Ahubwo bameze nk’umurama* utumurwa n’umuyaga.   Ni yo mpamvu ababi bazacirwa urubanza bagahanwa,Kandi n’abanyabyaha ntibazakomeza kuba mu iteraniro ry’abakiranutsi.   Kuko Yehova azi ibikorwa by’abakiranutsi,Ariko ababi bo bazarimbuka, n’ibikorwa byabo bikurweho.

Ibisobanuro ahagana hasi

Ni udushishwa tuba turi ku binyampeke, tuvaho iyo babihuye.