Soma ibirimo

Reba urutonde rw'ibirimo

UMUTWE WA 4

Uko mwacunga amafaranga

Uko mwacunga amafaranga

“Iyo abantu bagiye inama imigambi yabo irakomezwa.”​—Imigani 20:18

Twese dukenera amafaranga kugira ngo duhe imiryango yacu ibyo ikeneye (Imigani 30:8). N’ubundi kandi, ‘amafaranga ni uburinzi’ (Umubwiriza 7:12). Ku bashakanye, kuganira ibirebana n’amafaranga bishobora kuba ikibazo kitoroshye, ariko ntimukemere ko amafaranga akurura ibibazo mu ishyingiranwa ryanyu (Abefeso 4:32). Abashakanye bagombye kwizerana kandi bagafatira umwanzuro hamwe w’ukuntu amafaranga azakoreshwa.

1 JYA UTEGANYA UBIGIRANYE UBWITONZI

ICYO BIBILIYA IVUGA: “Ni nde muri mwe waba ashaka kubaka umunara utabanza kwicara akabara ibyo azawutangaho, ngo arebe niba afite ibyawuzuza?” (Luka 14:28) Ni iby’ingenzi ko muteganyiriza hamwe uko muzakoresha amafaranga yanyu (Amosi 3:3). Mujye mufata umwanzuro w’ibyo mukeneye kugura n’amafaranga muzabitangaho (Imigani 31:16). Kuba mufite amafaranga yo kugura ikintu, ntibisobanura ko byanze bikunze mwagombye kukigura. Mugerageze kwirinda amadeni. Mujye mukoresha gusa amafaranga mufite. ​—Imigani 21:5; 22:7.

ICYO WAKORA:

  • Ukwezi nigushira mugasanga hari amafaranga musigaranye, mujye mufatira hamwe umwanzuro w’icyo muzayakoresha

  • Niba mufite igihombo, mujye mufata ingamba zihamye zo kugabanya amafaranga mukoresha. Urugero, mushobora kwitekera ibyokurya aho kujya kurya muri resitora

2 MUJYE MUBWIZANYA UKURI KANDI MWITEGE IBISHOBOKA

ICYO BIBILIYA IVUGA: “Twihatira kuba inyangamugayo mu byo dukora byose, atari imbere ya Yehova gusa, ahubwo n’imbere y’abantu” (2 Abakorinto 8:21). Jya ubwiza ukuri uwo mwashakanye, umubwire amafaranga winjiza n’ayo ukoresha.

Buri gihe ujye ugisha inama uwo mwashakanye mu gihe ugiye gufata imyanzuro iremereye yerekeranye n’amafaranga (Imigani 13:10). Kuganira ku byerekeye amafaranga bizabafasha kubumbatira amahoro mu ishyingiranwa ryanyu. Jya ubona ko amafaranga winjiza ari ay’umuryango aho kubona ko ari ayawe bwite.​—1 Timoteyo 5:8.

ICYO WAKORA:

  • Mwemeranye ku mubare w’amafaranga buri wese ashobora gukoresha atabanje kubaza mugenzi we

  • Ntimugategereze ko ikibazo kivuka ngo mubone kuganira ku bihereranye n’amafaranga