INGINGO YO KU GIFUBIKO | WAKORA IKI MU GIHE UGIZE IBYAGO?
Gupfusha uwawe
Ronaldo wo muri Burezili yagize impanuka y’imodoka. Iyo mpanuka yaguyemo abantu batanu bo mu muryango we, harimo se na nyina. Yaravuze ati “nyuma y’amezi abiri ndi mu bitaro, ni bwo nabwiwe ko baguye muri iyo mpanuka.
“Bakibimbwira sinahise mbyemera. Naribajije nti ‘bishoboka bite ko bose bapfira rimwe?’ Maze kubona ko ari byo koko, numvise bindenze. Icyo gihe nagize agahinda katavugwa. Mu minsi yakurikiyeho, numvaga kubaho ntabafite nta cyo bimariye. Namaze amezi menshi ndira buri munsi. Nicujije impamvu naretse iyo modoka igatwarwa n’undi muntu. Naribwiye nti ‘iyo nza kuba ari jye wari uyitwaye, wenda ntibaba barapfuye.’
“Ubu hashize imyaka cumi n’itandatu ibyo bibaye, kandi namaze kubyakira. Ariko urupfu rwabo rwasize icyuho mu mutima wanjye.”
UKO WAHANGANA N’AYO MAKUBA
Jya uririra uwawe. Bibiliya ivuga ko hariho “igihe cyo kurira” (Umubwiriza 3:
Irinde kwigunga (Imigani 18:
Jya utuza mu gihe hari ukubwiye amagambo agukomeretsa. Muri ayo magambo harimo nk’aya agira ati “ihangane nta kundi byari kugenda!” Ronaldo yagize ati “hari abambwiraga amagambo bibwira ko bampumuriza, ariko akankomeretsa.” Aho kwibanda kuri ayo magambo akomeretsa, jya ukurikiza inama irangwa n’ubwenge yo muri Bibiliya igira iti “ntukerekeze umutima wawe ku magambo yose abantu bavuga.”
Menya ukuri ku byerekeye abapfuye. Ronaldo yaravuze ati “mu Mubwiriza 9:
Ese wari ubizi? Bibiliya idusezeranya ko hari igihe Imana ‘izamira [urupfu] bunguri kugeza iteka ryose.’ *
^ par. 11 Niba wifuza ibindi bisobanuro, reba igice cya 7 mu gitabo Ni iki mu by’ukuri Bibiliya yigisha? Kiboneka no ku rubuga rwa www.pr418.com/rw.