Soma ibirimo

Reba urutonde rw'ibirimo

Igitabo cyo Kuva

Ibice

Ibirimo

  • 1

    • Abisirayeli baba benshi muri Egiputa (1-7)

    • Farawo akandamiza Abisirayeli (8-14)

    • Abagore bubahaga Imana barokora abantu (15-22)

  • 2

    • Mose avuka (1-4)

    • Umukobwa wa Farawo arera Mose (5-10)

    • Mose ahungira i Midiyani kandi agashakana na Zipora (11-22)

    • Imana yumva gutaka kw’Abisirayeli (23-25)

  • 3

    • Mose abona igihuru cy’amahwa cyaka umuriro (1-12)

    • Yehova asobanura izina rye (13-15)

    • Yehova aha Mose amabwiriza (16-22)

  • 4

    • Ibitangaza bitatu Mose yari gukora (1-9)

    • Mose yumva ko adashoboye (10-17)

    • Mose asubira muri Egiputa (18-26)

    • Mose ahura na Aroni (27-31)

  • 5

    • Mose na Aroni imbere ya Farawo (1-5)

    • Barushaho gukandamizwa (6-18)

    • Abisirayeli bashinja amakosa Mose na Aroni (19-23)

  • 6

    • Isezerano ry’uko bari kurekurwa risubirwamo (1-13)

      • Izina rya Yehova ryari ritaramenyekana mu buryo bwuzuye (2, 3)

    • Umuryango Mose na Aroni bakomokamo (14-27)

    • Mose yongera kujya imbere ya Farawo (28-30)

  • 7

    • Yehova akomeza Mose (1-7)

    • Inkoni ya Aroni ihinduka inzoka nini (8-13)

    • Icyago cya 1: Amazi ahinduka amaraso (14-25)

  • 8

    • Icyago cya 2: Ibikeri (1-15)

    • Icyago cya 3: Imibu (16-19)

    • Icyago cya 4: Ibibugu (20-32)

      • Akarere k’i Gosheni nta cyago cyakagezeho (22, 23)

  • 9

    • Icyago cya 5: Amatungo apfa (1-7)

    • Icyago cya 6: Abantu n’amatungo barwara ibibyimba (8-12)

    • Icyago cya 7: Urubura (13-35)

      • Farawo agomba kubona imbaraga z’Imana (16)

      • Izina rya Yehova rigomba kumenyekana (16)

  • 10

    • Icyago cya 8: Inzige (1-20)

    • Icyago cya 9: Umwijima (21-29)

  • 11

    • Icyago cya 10 gitangazwa (1-10)

      • Abisirayeli bagomba gusaba impano (2)

  • 12

    • Batangira kwizihiza Pasika (1-28)

      • Basiga amaraso ku mpande z’umuryango (7)

    • Icyago cya 10: Abana b’imfura bicwa (29-32)

    • Batangira kuva muri Egiputa (33-42)

      • Imyaka 430 irangiye (40, 41)

    • Amabwiriza arebana no kwizihiza Pasika (43-51)

  • 13

    • Abahungu b’imfura n’amatungo yavutse mbere ni ibya Yehova (1, 2)

    • Umunsi Mukuru w’Imigati Itarimo Umusemburo (3-10)

    • Abahungu b’imfura n’amatungo yavutse mbere n’iby’Imana (11-16)

    • Abisirayeli bajya ku Nyanja Itukura (17-20)

    • Inkingi y’igicu n’umuriro (21, 22)

  • 14

    • Abisirayeli bagera ku nyanja (1-4)

    • Farawo akurikira Abisirayeli (5-14)

    • Abisirayeli bambuka Inyanja Itukura (15-25)

    • Abanyeputa barohama mu nyanja (26-28)

    • Abisirayeli bizera Yehova (29-31)

  • 15

    • Mose n’Abisirayeli baririmba indirimbo yo gutsinda (1-19)

    • Miriyamu aririmba yikiriza (20, 21)

    • Amazi yashariraga areka gusharira (22-27)

  • 16

    • Abantu bitotomba kubera ibyokurya (1-3)

    • Yehova yumvise uko bitotombaga (4-12)

    • Imana itanga inyoni zimeze nk’inkware na manu (13-21)

    • Ku Isabato nta manu babonaga (22-30)

    • Babika manu y’urwibutso (31-36)

  • 17

    • Bageze kuri Horebu bakitotomba kubera ko babuze amazi (1-4)

    • Amazi ava mu rutare (5-7)

    • Abamaleki babagabaho igitero maze bagatsindwa (8-16)

  • 18

    • Yetiro na Zipora bagera aho Mose yari ari (1-12)

    • Yetiro atanga inama yo gushyiraho abacamanza (13-27)

  • 19

    • Ku musozi wa Sinayi (1-25)

      • Abisirayeli bazaba abami n’abatambyi (5, 6)

      • Abantu bitegura kugira ngo bajye guhura n’Imana (14, 15)

  • 20

    • Amategeko Icumi (1-17)

    • Ibintu bidasanzwe byatumye Abisirayeli bagira ubwoba (18-21)

    • Amabwiriza avuga ibyo gusenga (22-26)

  • 21

    • Amategeko yahawe Abisirayeli (1-36)

      • Abagaragu b’Abaheburayo (2-11)

      • Igihe habaye ibikorwa by’urugomo (12-27)

      • Inyamaswa (28-36)

  • 22

    • Amategeko yahawe Abisirayeli (1-31)

      • Igihe umuntu yibye (1-4)

      • Igihe imyaka yo mu mirima yangijwe (5, 6)

      • Kuriha; ibyo umuntu atunze (7-15)

      • Igihe umugabo yashukashutse umukobwa (16, 17)

      • Gusenga no kurwanya akarengane (18-31)

  • 23

    • Amategeko yahawe Abisirayeli (1-19)

      • Kuba inyangamugayo no kugira imyifatire ikwiriye (1-9)

      • Isabato n’iminsi mikuru (10-19)

    • Umumarayika ayobora Abisirayeli (20-26)

    • Bigarurira igihugu n’imipaka yacyo (27-33)

  • 24

    • Abantu bemera ko bazubahiriza isezerano (1-11)

    • Mose ku musozi wa Sinayi (12-18)

  • 25

    • Impano zigenewe ihema ryo guhuriramo n’Imana (1-9)

    • Isanduku (10-22)

    • Ameza (23-30)

    • Igitereko cy’amatara (31-40)

  • 26

    • Ihema ryo guhuriramo n’Imana (1-37)

      • Imyenda y’ihema (1-14)

      • Amakadire n’ibisate byo kuyashingamo (15-30)

      • Rido yo gukinga ihema na rido yo gukinga Ahera Cyane (31-37)

  • 27

    • Igicaniro cy’ibitambo bitwikwa n’umuriro (1-8)

    • Urugo rw’ihema (9-19)

    • Amavuta yo gushyira mu matara (20, 21)

  • 28

    • Imyenda y’abatambyi (1-5)

    • Efodi (6-14)

    • Igitambaro cyo kwambara mu gituza (15-30)

      • Urimu na Tumimu (30)

    • Ikanzu itagira amaboko (31-35)

    • Igitambaro cyo kwambara mu mutwe kiriho igisate cya zahabu (36-39)

    • Indi myenda y’abatambyi (40-43)

  • 29

    • Gushyiraho abatambyi (1-37)

    • Ituro ritangwa buri munsi (38-46)

  • 30

    • Igicaniro cyo gutwikiraho imibavu (1-10)

    • Ibarura n’ingurane (11-16)

    • Igikarabiro cy’umuringa (17-21)

    • Amavuta yera (22-33)

    • Umubavu wera (34-38)

  • 31

    • Abanyabugeni bahabwa umwuka w’Imana (1-11)

    • Isabato ni ikimenyetso kiri hagati y’Imana n’Abisirayeli (12-17)

    • Ibisate bibiri by’amabuye (18)

  • 32

    • Basenga ikimasa cya zahabu (1-35)

      • Mose yumva ijwi ry’indirimbo atamanyereye (17, 18)

      • Mose amenagura ibisate byariho amategeko (19)

      • Abalewi babera Yehova indahemuka (26-29)

  • 33

    • Imana icyaha Abisirayeli (1-6)

    • Ihema ryo guhuriramo n’Imana rishingwa inyuma y’inkambi (7-11)

    • Mose asaba kureba ikuzo rya Yehova (12-23)

  • 34

    • Mose abaza ibindi bisate by’amabuye (1-4)

    • Mose abona ikuzo rya Yehova (5-9)

    • Amabwiriza y’isezerano asubirwamo (10-28)

    • Mu maso ha Mose harabagirana (29-35)

  • 35

    • Amabwiriza arebana n’Isabato (1-3)

    • Impano zigenewe ihema ryo guhuriramo n’Imana (4-29)

    • Besaleli na Oholiyabu bahabwa umwuka w’Imana (30-35)

  • 36

    • Batanze impano zirenze izikenewe (1-7)

    • Bubaka ihema ryo guhuriramo n’Imana (8-38)

  • 37

    • Bakora isanduku (1-9)

    • Ameza (10-16)

    • Igitereko cy’amatara (17-24)

    • Igicaniro cyo gutwikiraho imibavu (25-29)

  • 38

    • Igicaniro cy’ibitambo bitwikwa n’umuriro (1-7)

    • Igikarabiro cy’umuringa (8)

    • Urugo rw’ihema (9-20)

    • Babarura ibikoresho byakoreshejwe mu ihema ryo guhuriramo n’Imana (21-31)

  • 39

    • Baboha imyenda y’abatambyi (1)

    • Efodi (2-7)

    • Igitambaro cyo kwambara mu gituza (8-21)

    • Ikanzu itagira amaboko (22-26)

    • Indi myenda y’abatambyi (27-29)

    • Igisate cya zahabu (30, 31)

    • Mose agenzura ihema ryo guhuriramo n’Imana (32-43)

  • 40

    • Bashinga ihema ryo guhuriramo n’Imana (1-33)

    • Ikuzo rya Yehova ryuzura ihema ryo guhuriramo n’Imana (34-38)