Soma ibirimo

Ni iki cyakurinda gutinya urupfu?

Ni iki cyakurinda gutinya urupfu?

Icyo Bibiliya ibivugaho

 Twese dutinya umwanzi wacu ari we rupfu, kandi dukora uko dushoboye ngo tubungabunge ubuzima bwacu (1 Abakorinto 15:26). Icyakora, gutinya urupfu cyane bitewe n’imigenzo n’imiziririzo bidafite ishingiro byatumye abantu ‘bajya mu bubata ubuzima bwabo bwose’ (Abaheburayo 2:15). Kumenya ukuri bizakurinda kugira ubwoba butuma uhahamurwa n’urupfu, kuko ibyo bishobora no gutuma utishimira ubuzima.​—Yohana 8:32.

Ukuri ku byerekeye urupfu

  •   Abapfuye nta cyo bazi (Zaburi 146:4). Ntibikwiriye ko uhangayika wumva ko nupfa uzababazwa cyangwa ukajya mu muriro w’iteka, kuko Bibiliya igereranya urupfu no gusinzira.​—Zaburi 13:3; Yohana 11:11-14.

  •   Abapfuye nta cyo bashobora kudutwara. Yewe n’abantu bapfuye ari abanzi bacu kandi bagira urugomo ‘ntibagira icyo bimarira’ (Imigani 21:16). Bibiliya ivuga ko “urwango rwabo n’ishyari ryabo biba byarashize.”​—Umubwiriza 9:6.

  •   Iyo dupfuye ntibiba birangiye byanze bikunze. Imana yavuze ko izagarura abapfuye bakongera kuba bazima, binyuze ku muzuko.​—Yohana 5:28, 29; Ibyakozwe 24:15.

  •   Imana idusezeranya ko hari igihe ‘urupfu rutazabaho ukundi’ (Ibyahishuwe 21:4). Bibiliya ivuga iby’icyo gihe igira iti “abakiranutsi bazaragwa isi, kandi bazayituraho iteka ryose,’ badafite impungenge izo ari zo zose zo gupfa.​—Zaburi 37:29.