Soma ibirimo

Reba urutonde rw'ibirimo

ISOMO RYA 5

Nuza mu materaniro yacu uzahabona iki?

Nuza mu materaniro yacu uzahabona iki?

Arijantine

Siyera Lewone

U Bubiligi

Maleziya

Abantu benshi baretse kujya mu rusengero bitewe n’uko bumva nta cyo bibungura cyangwa ngo bibahumurize. None se kuki ukwiriye kujya mu materaniro y’Abahamya ba Yehova? Nuhagera uzahabona iki?

Uzashimishwa no kuba uri mu bantu bakundana kandi bitanaho. Mu kinyejana cya mbere, Abakristo babaga bafite amatorero babarizwamo kandi bagiraga amateraniro yabafashaga gusenga Imana, kwiga Ibyanditswe no guterana inkunga (Abaheburayo 10:24, 25). Iyo babaga bateraniye hamwe bumvaga ko bari kumwe n’incuti nyancuti zibakunda, ari bo bavandimwe na bashiki babo bo mu itorero (2 Abatesalonike 1:3; 3 Yohana 14). Dukurikiza urugero rwabo kandi natwe dushimishwa n’ayo materaniro.

Uzabona akamaro ko gukurikiza amahame yo muri Bibiliya. Nk’uko byari bimeze mu bihe bya Bibiliya, no muri iki gihe abagabo, abagore n’abana bose bateranira hamwe. Abagabo bashoboye kwigisha bifashisha Bibiliya, bakatwereka uko twakurikiza amahame avugwamo mu mibereho yacu ya buri munsi (Gutegeka kwa Kabiri 31:12; Nehemiya 8:⁠8). Abateranye bose bashobora gutanga ibitekerezo kandi bakaririmba, bityo twese tukatura ibyiringiro byacu.​—Abaheburayo 10:23.

Uzarushaho kwizera Imana. Intumwa Pawulo yandikiye rimwe mu matorero yo mu gihe cye ati “nifuza cyane kubabona, kugira ngo . . . habeho guterana inkunga muri mwe, buri wese aterwe inkunga binyuze ku kwizera k’undi, kwaba ukwizera kwanyu cyangwa ukwanjye” (Abaroma 1:11, 12). Imishyikirano tugirana n’abo duhuje ukwizera iyo duhuriye mu materaniro, ikomeza ukwizera kwacu kandi igashimangira icyemezo twafashe cyo gukomeza kugendera ku mahame yo muri Bibiliya.

Ese wazaje mu materaniro tuzagira ubutaha nawe ukirebera ibyo byose tukubwiye? Uzakirwa neza rwose! Mu materaniro yacu yose, nta maturo yakwa.

  • Amateraniro tugira mu itorero akurikiza uruhe rugero?

  • Kujya mu materaniro bitugirira akahe kamaro?