Soma ibirimo

Reba urutonde rw'ibirimo

UKO WAKWIYIGISHA

Kwiyigisha neza bizagufasha gukomeza kuba maso

Kwiyigisha neza bizagufasha gukomeza kuba maso

Soma muri Daniyeli 9:1-19 kugira ngo umenye akamaro ko kwiyigisha neza.

Suzuma uko ibintu byari byifashe. Ni ibihe bintu byari biherutse kuba, kandi se byatumye Daniyeli yumva ameze ate (Dan. 5:29–6:5)? Iyo uza kuba Daniyeli wari kumva umeze ute?

Kora ubushakashatsi. Ni ibihe ‘bitabo byera’ Daniyeli ashobora kuba yarasomye (Dan. 9:2; w11 1/1 22 par. 2)? Kuki Daniyeli yihannye kandi agasabira imbabazi Abisirayeli bose (Lew. 26:39-42; 1 Abami 8:46-50; dp 182-184)? Isengesho Daniyeli yavuze rigaragaza rite ko yiyigishaga neza Ijambo ry’Imana?—Dan. 9:11-13.

Bitwigisha iki? Ibaze uti:

  • “Nakwirinda nte kurangazwa n’ibibera ku isi” (Mika 7:7)?

  • “Kwiyigisha neza Ijambo ry’Imana nk’uko Daniyeli yabigenzaga, byatugirira akahe kamaro” (w04 1/8 12-13 par. 17)?

  • “Ni izihe ngingo nakwiyigisha zikamfasha ‘gukomeza kuba maso’” (Mat. 24:42, 44; w12 15/8 5 par. 7-8)?