Indirimbo zisanzwe

Indirimbo zigaragaza ko duha agaciro umurage wacu wo mu buryo bw’umwuka.

Nshaka kugukorera

Korera Yehova, umuhe ibyiza kurusha ibindi ukiri muto.

Nishimiye ko natsinze ibigeragezo

Ni iki cyafasha abakiri bato guhangana n’ibishuko bahura na byo ku ishuri?

Ibyishimo tubonera mu makoraniro

Iyo tugiye mu ikoraniro, twibonera ubumwe n’urukundo biranga abagaragu ba Yehova bo hirya no hino ku isi.

Shishoza, uhitemo neza

Igihe duhitamo uwo tuzabana, tugomba gushishoza tugahitamo neza.

Sa n’ureba icyo gihe

Hasigaye igihe gito gusa ngo tugere mu isi nshya.

Akira ishimwe ryacu

Yehova aduha umwuka wera kugira ngo udufashe guhangana n’ibibazo duhura nabyo. Twumva twifuje kumuririmbira kuko twizeye tudashidikanya ko atazigera adutererana.

Aho ngomba kuba

Ni iki cyagufasha guhitamo inshuti nziza?

Hitamo neza

Tuge tuzirikana ko imyanzuro dufata igira ingaruka ku bandi no ku murimo dukorera Yehova.

Tujye tubabarirana

Tugomba kwigana Yehova, tukababarira abandi.

Isi nshya iri bugufi

Gutegereza Paradizo igiye kuza, bishobora gutuma twihangana muri iki gihe.

Jya wiyigisha

Kwiyigisha Ijambo ry’Imana bishobora gufasha abakiri bato gukura mu buryo bw’umwuka.

Ijambo ryawe rizahoraho iteka

Jya usingiza Yehova kandi umushimire kubera ko yarinze Ijambo rye!

Itonde, utekereze kandi usenge

Twakora iki mu gihe duhanganye n’ibibazo?

Itegurire ejo hazaza ukorera Yehova

Jya ufata imyanzuro myiza maze ushimishe Yehova.

Ku muntu wizera Yehova byose birashoboka

N’ubwo kugira ukwizera gukomeye bisaba imihati, Yehova azabiduhembera.

Nita ku byo utwibutsa

Yaba mu magambo cyangwa mu bikorwa, tuge tugaragaza ko dukunda ibyo Yehova atwibutsa.

Ndashaka kugaruka

Reba uko uyu mukristokazi wahoze arangwa n’ishyaka, yabonye imbaraga zo kugaruka mu itorero.

Imirimo yawe iratangaje

Jya wishimira umugisha ufite wo gukorana na Yehova!

Mukobwa wange nkunda

Mu gihe k’imyaka myinshi, umubyeyi yitegerezaga uko umukobwa we akura ari na ko arushaho gukunda ukuri.

Twagure umurimo

Uburyo ubwo ari bwo bwose twakwaguramo umurimo buzaduhesha ibyishimo byinshi.

Wirangara

Jya wirinda kurangara, ukoreshe neza igihe umarana n’abavandimwe na bashiki bacu.

Ibyo waremye bituma ngusingiza

Ibintu byose Yehova yaremye biradutangaza cyane maze bigatuma tumuririmbira.

Twite ku bintu by’ingenzi

Tuge twicungurira igihe twite ku bintu by’ingenzi. Dusenge, twiyigishe kandi twiyegurire Imana.

Tuzasazana

Nimwisunga Yehova muzarambana!

Amazu azaguhesha ikuzo

Twishimiye kwegurira Yehova aya mazu azatuma izina rye rikomeye rihabwa ikuzo.

Ndakwiringiye

Gusoma no gutekereza ku ijambo ry’Imana bishobora kudufasha guhangana n’imihangayiko.

Niyemeje kunonosora umurimo

Ese nawe wiyemeje kunonosora umurimo?

Ntajya antererana

Yehova ntazigera adutererana kuko adukunda

Dukundane urukundo rwa kivandimwe

Ukuntu abagize umuryango wa Yehova bitanaho, ntabandi wabisangana muri iyi si.

Ntutinye

Niduhura n’ibibazo, tuge twibuka ko tutari twenyine.

Shakisha ukuri

Abashaka kumenya Imana by’ukuri, iyo bayishatse barayibona.

Inshuti nyanshuti

Inshuti nyanshuti twayikura he?

Nzakuba hafi

Inshuti nyanshuti ziradufasha mu gihe tubabaye.

Turi umwe

Nubwo turi mu isi mbi, turi mu muryango wunze ubumwe.

Mpa ubutwari

Yehova azaduha ubutwari bwo guhangana n’ibigeragezo byose twahura na byo.

Nzagukorera iteka ryose

Birakwiriye ko twiyegurira Yehova kandi tukamukorera n’umutima wacu wose.

Wihangayika

Dushobora kugira amahoro n’ibyishimo nubwo tuba duhanganye n’ibibazo byinshi.

Gira ubutwari kandi ukomere

Indirimbo idufasha kwihangana.

Nzahora ngushima

Jya ufata igihe utekereze ku byo Yehova yaremye kandi umusenge umushimira.

Turakundana

Aho twaba turi hose, tuba turi mu bagize umuryango wa Yehova.

‘Jya urwana intambara nziza yo kwizera’

Dushobora gukomeza kubera Yehova indahemuka nubwo duhura n’ibibazo.

Yehova azagufasha

Yehova ahora yiteguye kudufasha.

Paradizo iri hafi

Gusa n’abareba twageze mu isi nshya bishobora gutuma turushaho kurangwa n’ikizere. Iyi ndirimbo ituma dutekereza ku migisha tuzabona mu isi nshya.

Ndakwiyeguriye

Urukundo dukunda Yehova ni rwo rutuma tumwiyegurira maze tukabatizwa.

Urukundo ntirushira

Urukundo rwa Yehova ntirushira. Ruraduhumuriza kandi rugatuma twishima.

Jya umwizera

Nujya wumva wihebye, uge wishingikiriza kuri Yehova. Azaguha imbaraga kandi aguhumurize.

Twigane abana

Ni iki cyadufasha kwigana abana, tugakunda abandi?

Byizere udashikanya

Tuge twizera tudashidikanya ko Yehova adukunda nubwo twaba duhanganye n’ibigeragezo.

Jya ubabarira

Ese hari umuntu wigeze aguhemukira? Ese wumva kumubabarira bikugora? Ngaho reba icyo wakora ngo uge ubabarira abandi kandi wibagirwe.

Komeza isiganwa

Jya ufata imyanzuro myiza izagufasha gusoza isiganwa ry’ubuzima.

Ntituzigera ducogora

Kugira ukwizera gukomeye ntibipfa kwizana; biraharanirwa.

Ni wowe nkunda

Ishimire impano y’ishyingiranwa yatanzwe na Yehova.

Rinda ubwenge bwawe

Yehova yagufasha ugatsinda ibitekerezo biguhagarika umutima.

“Jya uhora wishimye”

Indirimbo ishimishije ishobora kutwibutsa impamvu nyinshi zidutera ibyishimo.

Turi ubwoko bwunze ubumwe

Nubwo dutotezwa dukomeza kunga ubumwe.

Korera Yehova ugifite imbaraga

Jya ukoresha imbaraga zawe mu murimo wa Yehova. Ntuzigera wicuza

Tuzishima iteka ryose

Yehova ni we Soko y’ibyishimo kandi ashaka ko duhora twishimye.

Bizaba

Jya wishimira ibyiringiro by’isi nshya.

Jya ushaka Yehova

Guhugira mu murimo wa Yehova ni cyo kintu cyiza mu buzima

Tugire ukwizera

Tekereza uko isi nshya Imana izaha abantu izaba imeze.

Umuryango Wihariye

Haracyari abantu bifuza kumenya ukuri. Iyi videwo izatuma ukomeza gushaka abantu bafite imitima itaryarya.

Dukomezwa n’ubumwe bwacu

Dushobora kwihanganira ikigeragezo cyose kuko Yehova adufasha kandi tukaba turi mu muryango w’abavandimwe wunze ubumwe.

Nagenda nsanga nde?

Kurikira inkuru y’umugaragu wa Yehova w’indahemuka wakomeje kumvira ijwi ry’umwungeri.

Nzi ko Yehova ari kumwe nanjye

Yehova ashobora kudufasha tukanesha ubwoba.

Twongere tube incuti

Ntugakomeze kurakarira umuntu wagukoshereje ahubwo mujye mwiyunga!

Igira ku ikosa

Iyo wigiye ku ikosa wakoze, bituma urushaho kugira imbaraga zo gukora ibyiza.

Baho nk’uzabaho iteka

Dushobora kubaho twishimye kandi tukagira ubuzima bufite intego ubu n’iteka ryose.

Amahoro yaje (Indirimbo yo mu ikoraniro ry’iminsi itatu 2022)

Jya utekereza ku isezerano ry’Imana ry’amahoro nyakuri aho kwibanda ku bibazo byawe.

Nyegera

Imana yita cyane ku bantu bose bifuza kuba inshuti zayo aho baba baturuka hose.

‘Ntuzatinda’ (Indirimbo yo mu ikoraniro ry’iminsi itatu 2023)

Komeza gutegereza Yehova wihanganye, wigana abagaragu be babaye indahemuka.