Amasomo wavana muri Bibiliya
Iki gitabo kizagufasha gukurikira amateka ya Bibiliya kuva ku irema, ivuka rya Yesu n’umurimo yakoze, kugeza Ubwami buje.
Ibaruwa y’Inteko Nyobozi
Iki gitabo cyakoreshwa gite?
Imana yaremye ijuru n’isi
Bibiliya ivuga ko Imana yaremye ijuru n’isi. Kuki Imana yabanje kurema umumarayika umwe mbere yo kurema ibindi bintu byose?
Imana irema umugabo n’umugore ba mbere
Imana yaremye umugabo n’umugore ba mbere, ibatuza mu busitani bwa Edeni. Yifuzaga ko bororoka bagahindura isi yose paradizo.
Adamu na Eva basuzuguye Imana
Kuki igiti kimwe cyo mu busitani bwa Edeni cyari cyihariye?
Yararakaye yica umuntu
Imana yemeye ituro rya Abeli ariko ntiyishimira irya Kayini. Kayini yararakaye cyane, akora ikintu giteye ubwoba.
Inkuge ya Nowa
Abamarayika bashatse abagore, babyara abana bari bafite imbaraga zidasanzwe. Isi yari yuzuye urugomo. Nowa we yari atandukanye na bo. Yakundaga Imana kandi akayubaha.
Abantu umunani bararokotse binjira mu isi nshya
Imvura yaguye iminsi 40 n’amajoro 40 iteza Umwuzure. Nowa n’umuryango we bamaze mu nkuge umwaka urenga. Amaherezo, Imana yarababwiye ngo basohoke.
Umunara w’i Babeli
Hari abantu bashatse kubaka umugi n’umunara ugera ku ijuru. Kuki Imana yatumye batangira kuvuga indimi zitandukanye?
Aburahamu na Sara bumviye Imana
Kuki Aburahamu na Sara baretse ubuzima bari bafite mu mugi wa kugira ngo bajye bahora bimuka mu gihugu cy’i Kanani?
Amaherezo barabyaye!
Imana yari gusohoza ite isezerano yasezeranyije Aburahamu? Iryo sezerano ryarebaga nde mu bahungu be, ni Isaka cyangwa Ishimayeli?
Mwibuke umugore wa Loti
Imana yagushije i Sodomu na Gomora imvura y’amahindu n’umuriro. Kuki iyo migi yarimbuwe? Kuki twagombye kwibuka umugore wa Loti?
Ukwizera kwe kwarageragejwe
Imana yabwiye Aburahamu iti “fata Isaka umwana wawe w’ikinege, umutambeho igitambo ku musozi wo mu gihugu cy’i Moriya.” Ibyo byagerageje bite ukwizera kwa Aburahamu?
Yakobo yahawe umurage
Isaka na Rebeka babyaye abana babiri b’abahungu bitwa Esawu na Yakobo. Esawu yari guhabwa umurage wihariye kubera ko ari we wavutse mbere. Kuki yawuguranye isahani y’isupu?
Yakobo na Esawu biyunga
Umumarayika yahaye Yakobo ate umugisha? Yiyunze ate na Esawu?
Umugaragu wumviye Imana
Yozefu yakoze ibikwiriye, ariko yagezweho n’imibabaro myinshi. Kubera iki?
Yehova ntiyibagiwe Yozefu
Nubwo Yozefu yari kure y’umuryango we, Imana yagaragaje ko yari kumwe na we.
Yobu yari muntu ki?
Yumviye Yehova nubwo bitari byoroshye.
Mose yahisemo gusenga Yehova
Igihe Mose yari uruhinja yararokotse kubera ko nyina yakoze ibintu birangwa n’ubwenge.
Igihuru kigurumana
Kuki igihuru cyagurumanaga ntigikongoke?
Ibyago bitatu bya mbere
Farawo yateje ibyago ubwoko bwe kubera ko yari umwibone.
Ibindi byago bitandatu
Ibyo byago byari bitandukaniye he na bitatu bya mbere?
Icyago cya cumi
Icyago cya cumi cyari kibi cyane ku buryo na Farawo w’umwibone yavuye ku izima.
Igitangaza cyo ku Nyanja Itukura
Farawo yarokotse ibyago icumi, ariko se yari kurokoka icyo gitangaza cy’Imana?
Isezerano bagiranye na Yehova
Abisirayeli bagiranye n’Imana isezerano ryihariye igihe bari ku musozi wa Sinayi.
Bishe isezerano
Igihe Mose yari yagiye guhabwa Amategeko Icumi, abantu bakoze icyaha gikomeye.
Ihema ryo gusengeramo
Isanduku y’isezerano yabaga muri iryo hema.
Abatasi cumi na babiri
Yosuwa na Kalebu bari batandukanye n’abandi icumi bajyanye gutata igihugu cya Kanani.
Bigometse kuri Yehova
Kora, Datani, Abiramu n’abandi bagabo 250 ntibamenye uko Yehova abona ibintu.
Indogobe ya Balamu yaravuze
Indogobe yabonye umugabo Balamu atabonaga.
Yehova atoranya Yosuwa
Imana yahaye Yosuwa amabwiriza ashobora kudufasha natwe.
Rahabu yahishe abatasi
Inkuta za Yeriko zararidutse. Ariko inzu ya Rahabu ntiyaguye nubwo yari yubatse kuri izo nkuta.
Yosuwa n’Abagibeyoni
Yosuwa yasabye Imana ngo ihagarike izuba! Ese Imana yaramushubije?
Umuyobozi mushya n’abagore babiri b’intwari
Yosuwa amaze gupfa, Abisirayeli batangiye gusenga ibigirwamana. Ubuzima bwababereye bubi cyane, ariko batabawe n’umucamanza Baraki, umuhanuzikazi Debora na Yayeli n’urumambo rwe!
Rusi na Nawomi
Abapfakazi babiri basubira muri Isirayeli. Umwe muri bo witwaga Rusi, yagiye guhumba, umugabo witwaga Bowazi aramubona.
Gideyoni atsinda Abamidiyani
Abamidiyani bakandamije Abisirayeli, maze batakambira Yehova ngo abakize. Ingabo nke za Gideyoni zatsinze zite ingabo 135.000?
Hana asenga asaba umwana
Elukana yajyanye Hana, Penina n’abana be gusengera ku ihema ry’ibonaniro ryari i Shilo. Hana agezeyo yasenze asaba umwana. Nyuma y’umwaka yabyaye Samweli!
Isezerano rya Yefuta
Ni iki Yefuta yasezeranyije kandi kuki? Umukobwa wa Yefuta yabyitwayemo ate amenye isezerano rya se?
Yehova avugisha Samweli
Abahungu babiri b’Umutambyi mukuru Eli na bo bari abatambyi mu ihema ry’ibonaniro, ariko ntibumviraga amategeko y’Imana. Samweli we yari atandukanye na bo kandi Yehova yaramuvugishije.
Yehova yahaye Samusoni imbaraga
Imana yatumye Samusoni agira imbaraga zo kurwanya Abafilisitiya, ariko Samusoni yafashe umwanzuro mubi bituma Abafilisitiya bamufata.
Umwami wa mbere wa Isirayeli
Imana yahaye Abisirayeli abacamanza, ariko bo bisabiye umwami. Samweli yimitse Sawuli aba umwami wa mbere, ariko Yehova yanze Sawuli. Kubera iki?
Dawidi na Goliyati
Yehova yagize Dawidi umwami wa kabiri wa Isirayeli, kandi Dawidi ntiyamutengushye.
Dawidi na Sawuli
Kuki umwe muri abo bagabo yangaga mugenzi we? Uwangwaga yitwaye ate?
Yonatani yari intwari akaba n’indahemuka
Umwana w’umwami yabaye incuti ya Dawidi.
Icyaha cy’Umwami Dawidi
Iyo umuntu afashe umwanzuro mubi ahura n’akaga.
Urusengero rwa Yehova
Imana yemeye ibyo Salomo yasabye, imuha imigisha myinshi.
Ubwami bwicamo ibice
Abisirayeli benshi baretse gukorera Yehova.
Ibyabereye ku musozi wa Karumeli
Imana y’ukuri ni nde? Ni Yehova cyangwa ni Bayali?
Yehova akomeza Eliya
Ese utekereza ko nawe ashobora kugukomeza?
Umwana w’umupfakazi azuka
Ibitangaza bibiri byabereye mu rugo rumwe!
Umwamikazi w’umugome ahanwa
Yezebeli yicishije Umwisirayeli witwaga Naboti kugira ngo amunyage uruzabibu rwe! Yehova yamuhaniye ubwo bugome bwe.
Yehova arwanirira Yehoshafati
Umwami mwiza Yehoshafati yiyambaje Imana mu isengesho igihe u Buyuda bwari bwatewe.
Umugaba w’ingabo n’agakobwa gato
Agakobwa k’Akisirayelikazi kabwira nyirabuja ukuntu Yehova akomeye, bigatuma haba igitangaza.
Ingabo za Yehova z’umuriro
Uko umugaragu wa Elisa yamenye ko ‘abari kumwe na bo ari bo bari benshi kuruta abari kumwe na bo.’
Ubutwari bwa Yehoyada
Umutambyi w’indahemuka yarwanyije umwamikazi mubi.
Yehova yihanganiye Yona
Ni iki cyatumye umuhanuzi w’Imana amirwa n’urufi runini? Yarusohotsemo ate? Ni irihe somo Yehova yamwigishije?
Umumarayika wa Yehova yarinze Hezekiya
Abanzi b’u Buyuda bavugaga ko Yehova atazarinda ubwoko bwe, ariko baribeshyaga!
Yosiya yakundaga Amategeko y’Imana
Yosiya yabaye umwami w’u Buyuda afite imyaka umunani, kandi yafashije abantu gusenga Yehova.
Yehova atuma Yeremiya kubwiriza
Ibyo uwo muhanuzi wari ukiri muto yabwiye abakuru b’i Buyuda byatumye barakara cyane.
Yerusalemu irimbuka
Abantu b’i Buyuda basengaga ibigirwamana bituma Yehova abata.
Abasore bane bumviye Yehova
Abayahudi bakiri bato biyemeje kubera Yehova indahemuka n’igihe bari ibwami i Babuloni.
Ubwami buzahoraho iteka
Daniyeli asobanura icyo izo nzozi zidasanzwe zisobanura.
Banze kunamira igishushanyo
Shadaraki, Meshaki na Abedenego banze kunamira igishushanyo cya zahabu Nebukadinezari yari yakoze.
Ubwami bumeze nk’igiti kinini
Inzozi za Nebukadinezari zahanuraga ibizamubaho.
Inyandiko yo ku rukuta
Ni ryari iyo nyandiko y’amayobera yabonetse, kandi se isobanura iki?
Daniyeli mu rwobo rw’intare
Jya usenga buri munsi nk’uko Daniyeli yabigenzaga!
Esiteri akiza ubwoko bwe
Nubwo yari umunyamahanga akaba n’imfubyi, yaje kuba umwamikazi.
Ezira yigishaga Amategeko y’Imana
Abisirayeli bamaze kumva Ezira, bagiranye n’Imana isezerano ryihariye.
Inkuta za Yerusalemu
Nehemiya yamenye ko abanzi be bashakaga kumurwanya. Kuki atagize ubwoba?
Elizabeti abyara umwana w’umuhungu
Kuki umugabo wa Elizabeti yabwiwe ko azaba ikiragi kugeza umwana avutse?
Gaburiyeli asura Mariya
Yamuhaye ubutumwa bwahinduye ubuzima bwe.
Abamarayika batangaza ko Yesu yavutse
Abamarayika bumvise itangazo bahise bagira icyo bakora.
Yehova yarinze Yesu
Umwami w’umugome yifuzaga ko Yesu apfa.
Yesu akiri umwana
Yatangaje ate abigisha bo mu rusengero?
Yohana ategura inzira
Yohana yari kuzaba umuhanuzi. Yigishaga ko Mesiya ari hafi kuza. Abantu bitabiriye bate ubutumwa bwe?
Yesu aba Mesiya
Ni iki Yohana yashakaga kuvuga ubwo yavugaga ko Yesu ari Umwana w’Intama w’Imana?
Satani agerageza Yesu
Satani yagerageje Yesu incuro eshatu zose. Yamugerageje ate? Yesu yabyitwayemo ate?
Yesu yeza urusengero
Kuki Yesu yirukanye amatungo mu rusengero kandi akubika ameza y’abavunjaga amafaranga?
Abwiriza umugore ku iriba
Umusamariyakazi yatangajwe n’uko Yesu yamuvugishije. Kuki yatangaye? Ni iki Yesu yamubwiye atari yarigeze abwira abandi?
Yesu abwiriza ubutumwa bw’Ubwami
Yesu yasabye bamwe mu bigishwa be kuba “abarobyi b’abantu.” Nyuma yaho yatoje abandi bigishwa 70 abatuma kubwiriza ubutumwa bwiza.
Yesu akora ibitangaza byinshi
Aho Yesu yajyaga hose, abarwayi bazaga kumureba ngo abakize kandi akabakiza. Yanazuye agakobwa kari kapfuye.
Yesu atoranya intumwa cumi n’ebyiri
Kuki yabatoranyije? Ese wibuka amazina yabo?
Ikibwiriza cyo ku Musozi
Yesu yigisha abantu amasomo y’ingirakamaro.
Yesu yigisha abigishwa be gusenga
Ni ibihe bintu Yesu yasabye abigishwa be gukomeza gusaba?
Yesu agaburira abantu benshi
Icyo gitangaza kitwigisha iki ku byerekeye Yesu na Yehova?
Yesu agenda hejuru y’amazi
Ese ushobora kwiyumvisha uko intumwa zumvise zimeze igihe zabonaga icyo gitangaza?
Yesu akiza umuntu ku Isabato
Kuki atari ko buri wese yashimishwaga n’ibyo yakoraga?
Yesu azura Lazaro
Igihe Yesu yabonaga Mariya arira, na we yatangiye kurira. Ariko ayo marira yahise ahinduka ibyishimo.
Ifunguro rya nyuma rya Yesu
Yesu yigishije intumwa ze amasomo y’ingenzi igihe yasangiraga na zo ifunguro rya nyuma rya nimugoroba.
Yesu afatwa
Yuda Isikariyota ayoboye igitero cy’abantu bitwaje inkota n’amahiri baje gufata Yesu.
Petero yihakana Yesu
Ni iki cyabereye mu rugo kwa Kayafa? Yesu wari mu nzu byamugendekeye bite?
Yesu apfira i Gologota
Kuki Pilato yategetse ko Yesu yicwa?
Yesu yazutse
Yesu amaze gupfa ni ibihe bintu bitangaje byabayeho?
Yesu abonekera abarobyi
Yakoze iki kugira ngo abireherezeho?
Yesu asubira mu ijuru
Mbere yo kugenda yahaye abigishwa be itegeko ry’ingenzi cyane.
Abigishwa bahabwa umwuka wera
Yesu yabahaye izihe mbaraga mu buryo bw’igitangaza?
Nta cyashoboraga kubabuza kubwiriza
Abayobozi b’amadini bari barishe Yesu bagerageje gucecekesha abigishwa be. Ariko ntibari kubishobora.
Yesu atoranya Sawuli
Sawuli yarwanyaga cyane Abakristo, ariko ibyo byari bigiye guhinduka.
Koruneliyo ahabwa umwuka wera
Kuki Imana yohereje Petero mu rugo rw’uwo mugabo utari Umuyahudi?
Ubukristo bugera mu bihugu byinshi
Intumwa Pawulo n’abandi bamisiyonari bakoranaga batangije umurimo wo kubwiriza mu bihugu bya kure.
Umurinzi w’inzu y’imbohe amenya ukuri
Kuki muri iyi nkuru havugwamo umudayimoni, umutingito n’inkota?
Pawulo na Timoteyo
Abo bagabo bombi bamaze imyaka myinshi bakorana nk’incuti.
Pawulo yoherezwa i Roma
Urugendo rwarimo ingorane nyinshi, ariko nta cyashoboraga guca intege iyo ntumwa.
Ibyahishuriwe Yohana
Yesu yamweretse ibizabaho mu gihe kiri imbere.
“Ubwami bwawe nibuze”
Ibyahishuriwe Yohana bigaragaza ko Ubwami bw’Imana buzahindura ubuzima bwo ku isi.